AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

Amenyo ararabagirana kuko yuzuye zahabu…Adekunle Gold yahasesekaye yizeza Abanyakigali igitaramo cy’imbaturamugabo (AMAFOTO)

Amenyo ararabagirana kuko yuzuye zahabu…Adekunle Gold yahasesekaye yizeza Abanyakigali igitaramo cy’imbaturamugabo (AMAFOTO)
4-11-2021 saa 09:57' | By Editor | Yasomwe n'abantu 1326 | Ibitekerezo

Adekunle Gold umwe mu bahanazi bakomeye muri Nigeria no muri Africa, ugomba gutaramira Abanyarwanda kuri uyu wa Gatanu tariki 05 Ugushyingo, yasesekaye i Kigali amenyo ye yose arabagirana kubera zahabu yashyizeho.

Uyu muhanzi ukomeye, yageze i Kigali mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 03 Ugushyingo 2021 ku kibuga cy’Indege cya Kanombe aho yakiranywe ubwuzu n’urugwiro na bamwe mu bari gutegura kiriya gitaramo.

Nta byinshi yatangaje gusa yavuze ko abazitabira kiriya gitaramo kizabera muri salle ngari ya Canal Olympia ku i Rebero bashonje bahishiwe.

Yagize ati “Abantu bitege umuriro. Nabararikira kuza mu gitaramo.”

Uyu muhanzi ugeze mu Rwanda ku nshuro ye ya mbere, yavuze ko u Rwanda ari Igihugu kihariye gifite ubwiza buhebuje.

Muri kiriya gitaramo, azafatanya n’abandi bahanzi bo mu Rwanda barimo abakizamuka nka Kenny Sol na Gabiro Guitar bombi bagezweho muri ibi bihe.

UKWEZI.RW


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA