Umuhanzi Niyobikora Safi yasezeranye kubana akaramata imbere y’Amategeko na Niyonizera Judith kuri iki Cyumweru Tariki 01 Ukwakira 2017. Ubu bukwe bukaba bwari bucungiwe umutekano udasanzwe kuburyo bwatashywe n’abari babutumiwemo gusa abandi barakumirwa.
Uyu muhango wo gusezerana imbere y’amategeko hagati y’aba bombi wabereye mu Murenge wa Remera, akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali. Safi wamenyekanye muri muzika mu Itsinda rya Urban Boys byari bimaze igihe bivugwa ko agiye kubana n’uyu Niyoyizera Judith ndetse hakaba hari hashize iminsi batumiye inshuti n’imiryango kuzaza kwifatanya nabo muri ibi birori
Nyuma y’iyi mihango yo gusezerana hategerejwe ibindi birori byo gusaba no gukwa nabyo biraba kuri uyu mugoroba
Safi Madiba yamaze gusinya ko yemeye kuzabana akaramata na Niyoyizera
Niyoyizera Judith nawe yabisinyiye ko azabana na Niyibikora Safi
Amafoto : Inyarwanda