AMAKURU

UKWEZI
Canal+ desk

AMAFOTO : Abakobwa 20 bahatanira ikamba rya Nyampinga bageze i Nyamata mu mwiherero

AMAFOTO : Abakobwa 20 bahatanira ikamba rya Nyampinga bageze i Nyamata mu mwiherero
9-02-2018 saa 18:17' | By Akayezu Jean de Dieu | Yasomwe n'abantu 3826 | Ibitekerezo

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatanu tariki 9 Gashyantare 2018, nibwo abakobwa 20 batsinze amajonjora ya nyuma ya Miss Rwanda 2018 bahagurutse I Kigali berekeza I Nyamata, kuri Hotel Golden Turip aho bagiye kumara igihe cy’Ibyumweru bibiri bari mu mwiherero (Boot Camp).

Abakobwa 20 batsinze ijonjora rya nyuma baraye I Nyamata aho bagiye kumara igihe kingana n’ibyumweru bibiri mu bikorwa bijyanye no kubigisha imyitwarire ikwiye kuranga Nyampinga, aho bazaba banahabwa amasomo atandukanye

Aba bakobwa baturtse iwabo bahurira i Kigali ahakorera Inteko Nyarwanda y’Umuco n’Ururimi niho aba bakobwa bose bahuriye mbere yo guhaguruka i Kigali.

Bamwe bari baje baherekejwe n’inshuti n’abavandimwe babageza i Kigali aho bagombaga guhagurukira berekeza i Nyamata

Abakobwa bageze i Kigali babanje kujya kwerekwa imodoka izahembwa uzegukana iri kamba

Kuva i Kigali bajya i Nyamata bari baherekejwe na Polisi y’u Rwanda

Abakobwa bageze mu byumba bagomba kuzajya bararamo muri iyi Hotel barimo gusasa

AMAFOTO : Mugabo Paccy


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA