AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Umuntu wa gatandatu yahitanywe na Coronavirus mu Rwanda

Umuntu wa gatandatu yahitanywe na Coronavirus mu Rwanda
9-08-2020 saa 06:40' | By Akayezu Jean de Dieu | Yasomwe n'abantu 5370 | Ibitekerezo

Minisiteri y’Ubuzima yatangaje ko umugabo w’imyaka 51 yabaye umuntu wa gatandatu uhitanywe n’icyorezo cya Coronavirus kuva cyagera mu gihugu muri Werurwe uyu mwaka.

Mu itangazo ryanyujijwe ku rukuta rwa Twitter rw’iyi minisiteri, rivuga ko uyu mugabo yaguye i Kigali. Riti “Twihanganishije umuryango w’umugabo w’imyaka 51 witabye Imana i Kigali”.

Uwaherukaga guhitanwa n’iki cyorezo yapfuye ku wa 18 Nyakanga 2020, yari umukecuru w’imyaka 88 wo mu Karere ka Nyamasheke, wari uwa gatanu mu gihugu. Ni mu gihe uwa kane wishwe n’iki cyorezo yari umusaza w’imyaka 78 y’amavuko wari urwariye mu Ntara y’Iburasirazuba ndetse iyi ndwara yamufatanyije n’izabukuru iramuhitana.

Abandi batatu bapfuye barimo umusirikare wari ufite imyaka 51 wanduriye mu butumwa bw’amahoro mu mahanga, wari usanzwe afite ubundi burwayi. Barimo kandi umushoferi w’amakamyo w’imyaka 65 n’umupolisikazi w’imyaka 24 nawe wari mu butumwa bwa UNMISS i Makakal muri Sudani y’Epfo.

Kuri uyu wa Gatandatu usibye uyu wapfuye hagaragaye abandi barwayi bashya batandatu bahuye n’abanduye mu Mujyi wa Kigali mu gihe abakize bo biyongereyeho batatu.

Muri rusange mu Rwanda harabarurwa abantu 2134 banduye iki cyorezo mu gihe abamaze gukira bo ari 1300 naho abakirwaye ni 828. Hamaze gufatwa ibipimo 293.605 birimo 4.452 byafashwe kuri uyu wa Gatandatu.


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA