AMAKURU

UKWEZI
Canal+ christmax

Ubwenge bw’Isi imbere y’Imana ni ubuswa- Pasiteri Nyirishema Gabriel

Ubwenge bw’Isi imbere y’Imana ni ubuswa- Pasiteri Nyirishema Gabriel
1er-06-2020 saa 22:09' | By UKWEZI | Yasomwe n'abantu 691 | Ibitekerezo

Umuyobozi w’Umuryango w’ivugabutumwa wa Getsemani Ministries, Pasiteri Nyirishema Gabriel avuga ko abiringira ubwenge bw’ibyo biga mu Isi nta cyabatsinda ariko imbaraga z’umwuka wera arizo zonyine zishobora kubatsinda.

Uyu mushumba avuga ko imbaraga z’umwuka wera ziruta kure cyane imbaraga z’abiringira ubwenge bw’ibyo bahabwa n’Isi kuko Umwuka wera nuza uzatsinda ab’Isi.

Yagize ati “Buriya ibintu twiga mu mashuri asanzwe, ibyinshi ntabwo aribwo bwenge bw’Imana, uwabyize ntabwo ashobora gutsindwa n’imbaraga izo arizo zose keretse imbaraga z’umwuka wera.”

Reba hano ikiganiro cyose na Pasiteri Nyirishema

Muri Bibiliya 1Abakorinto 1:18 havuga ngo “Ijambo ry’umusaraba ku barimbuka ni urupfu ariko twebwe abakizwa ni imbaraga z’Imana.”

Pasiteri Nyirishema “Imana yafashe ubwenge bw’iyi si ibuhindura ubusa, ubwenge bw’iyi si imbere y’Imana ni ubuswa. Niyo mpamvu yavuze ngo umwuka wera nuza uzatsinda ab’isi.”

Pasiteri Nyirishema Gabriel niwe washinze Umuryango w’ivugabutumwa wa Getsemani Ministries umaze imyaka itandatu ukorera mu Rwanda.

Kuri ubu ufite icyicaro gikuru i Kabuga mu Kagari ka Ruhanga, Umurenge wa Rusororo, muri Karere ka Gasabo.

Pasiteri Nyirishema Gabriel uyobora Getsemani Ministries


INKURU ZA :
Tanga Igitekerezo
Ibitekerezo
IGURIRE
Reba Ibindi Byinshi
IBARUWA ZA JORIJI
URUKUNDO
INKURU ZIKUNZWE
English
Ibitekerezo
IZINDI NKURU WASOMA