Umuhanda Kigali-Gatuna igice cy’ahagana mu mudugugu wa Kagera, akagari ka Rwankonjo, Umurenge wa Cyumba yo muri Gicumbi Intara y’Amajyaruguru waridutse ku buryo bukomeye kugeza ubu imodoka ziri gukoresha igice kimwe.
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Mbere tariki 14 Gicurasi 2018, nibwo uyu muhanda wasenyutse aho byatewe n’inkangu yaturutse ku mvura imaze iminsi igwa mu bice binyuranye by’igihugu.
Uyu muhanda wangiritse ku buryo bukomeye nta buzima bw’abantu watwaye kugeza ubu hakaba hataratangazwa ibyangiritse byangijwe n’iyi nkangu yasenye umuhanda