Zondwa Wa Bantu, umugore wo muri Afurika y’ Epfo w’ imyaka 34 wamamaye kubera kubyina mu ruhame yambaye ubusa, yatangaje abantu ubwo yaguraga isanduku ihenze ngo napfa batazamushyingura mu buryo butajyanye n’ uko ari.
Yagize ati “Urupfu, umuryango mugari utinya kuruvugaho, ariko twese tuzapfa niyo mpamvu nahisemo kugura isanduku yanjye nkiriho. Nayiguze ibihumbi 150”
Zondwa Wa Bantu arazwi cyane kubera kubyina yambaye ubusa mu bitaramo no kuba agaragaza mu mafilime atandukanye.
Umwaka ushize igitaramo yari agiye gukorera I Lusaka muri Zambia cyaburijwemo kuko bamuziho umuco wo kubyina yambaye ubusa , kandi bo bakomeye ku muco wo kwambara bakikwiza.
Isanduku yaguze yabanje kurwamamo ngo arebe ko akwirwamo.